Dutungire urutoki aho bitagenda neza

Abanyeshuri 19 muri gahunda ya Equity Leaders Program mu Rwanda binjira muri Top Universite Universite

09th Aug 2024

Tariki ya 09 Kanama 2024
Kigali, 9 Kanama 2024… Equity Bank Rwanda, iyobowe na Perezida w’Inama y’Ubutegetsi Col. Eugene Haguma n’Umuyobozi Mukuru Hannington Namara, batangije gahunda yo kohereza abanyeshuri 17 bemerewe kwiga no guhabwa buruse zo kujya muri kaminuza 17 zikomeye zo hirya no hino ku Isi. Aba banyeshuri bari mu bagize icyiciro cya gatatu muri gahunda ya Equity Leaders Program, yatangijwe mu Rwanda mu 2021. Equity Bank Rwanda yahaye buri munyeshuri amafaranga yo kwitwaza mu rugendo abarirwa hagati ya 500.000 Frw na RWF miliyoni 2 Frw, bitewe n’aho bagiye. Ni amafaranga kandi bazifashisha mu kugura ibyo baba bakeneye nk’abantu binjiye muri kaminuza.

Abo banyeshuri kandi bitabiriye gahunda ya Equity y’imenyerezamwuga kandi bakishyurwa ndetse bungukiye muri gahunda y’ubujyanama muri koleji mu gihe cy’amezi atandatu. Iyi gahunda ikubiyemo gutoza no kwigisha kwandika inyandiko z’ubushakashatsi, guhitamo kaminuza, no guhugura ku bizamini byo kwinjira muri kaminuza. Equity kandi ishyigikira mu kwishyura ibizamini bigaragaza ko uzi Icyongereza, SAT, n’ibindi bijyanye no yo kwitegura kwinjira muri kaminuza zikomeye ku Isi.
Muri ibi birori, Rtd. Col. Eugene Haguma yashimangiye akamaro ko kurangwa n’indangagaciro, ubudaheranwa no gukomeza kwiga uburyo bwo gutegura ejo hazaza habo heza. Yabashishikarije kubyaza umusaruro ibyo bagezeho mu mashuri n’inkunga ya Equity Leaders Program kugira ngo bahindure ibintu mu miryango yabo.

Muri uyu mwaka, abanyeshuri 19 ni bo babonye aya mahirwe, bituma umubare w’abanyeshuri bamaze ugira aya mahirwe bagera ku kuri 44 bafashijwe kujya kwiga muri kaminuza zikomeye ndetse ku rwego rw’igihugu bagera kuri 58 bungukiye muri iyi gahunda gahunda y’ubujyanama mu mashuri makuru, bahabwa amahirwe yo kwinjira muri za kaminuza zikomeye ku isi no mu gihugu kandi bakishyurirwa byose.

Mu ijambo rye, Umuyobozi Mukuru, Hannington Namara, yagize ati “Porogaramu ya Equity Leaders ntabwo ari iyo kugira ngo ube indashyikirwa mu masomo gusa, ahubwo ni uguha ubushobozi bwo kuba umusemburo w’impinduka mu miryango yanyu. Mu gihe mutangiye urwo rugendo, mwibuke ko ubu muri ba ambasaderi b’impinduka. Ubu ntya mbibi mushyiriweho; mukomeza mutere imbere, bizane ingaruka nziza kandi mwuzuze inshingano zo kuba umusemburo w’impinduka mwifuza, mushyigikiwe n’umuryango w’abanyeshuri barangije muri gahunda ya Equity Leaders.

Kuva gahunda ya Equity Leaders Program yatangira mu Rwanda mu 2021, imaze kugira ingaruka nziza ku banyeshuri barenga 102. Abenshi muri abo bagiye biga muri za kaminuza zikomeye mu gihugu n’iziri mpuzamahanga. Aha twavugamo nka Ivy League, Harvard, Yale, Cornell, Columbia, na Kaminuza ya Princeton.

Equity Leadership Program ni gahunda Equity Group Foundation yatangijwe mu 1998, igamije guteza imbere ubumenyi bwo kuyobora mu rubyiruko rutanga icyizere. Iyi gahunda itoranya abanyeshuri batsinze neza kurusha abandi mu bigo bikorana na Equity Group, igashyiraho umuryango w’abayobozi bahindura imikorere bazakorana n’ibindi bihugu no mu nzego zinyuranye kugira ngo bateze imbere ubukungu burambye n’iterambere ry’imibereho myiza muri Afurika.

Share
Download
Email

People also viewed:

Umushakashatsi
Equity Bank is Regulated by Central Bank